SONARWA Life na SONARWA General bashimiye abakiliya babo ku bufatanye mu iterambere (Amafoto)

Ni igikorwa cyabaye mu kuzirikana uruhare rw’abakiliya mu iterambere ry’ibyo bigo mu myaka ikabakaba 50 ishize.

SONARWA ni yo sosiyete ya mbere y’ubwishingizi yafunguwe mu Rwanda, mu 1975. SONARWA Life yatangiye nk’ishami ritanga ubwishingizi bw’ubuzima ryatangiye gukora mu 2000 ribarizwa muri SONARWA S.A, kiza kwandikwa nk’ikigo cyigenga muri Mutarama 2011.

Ubu SONARWA Life Assurance ni ikigo gifitwemo imigabane 100% n’Urwego rw’Ubwiteganyirize mu Rwanda (RSSB).

Iyi sosiyete itanga serivisi z’ubwishingizi bw’abantu ku giti cyabo zirimo ubw’amashuli y’abana, ubw’izabukuru, ubw’umuryango “Ishema Ry’Umuryango”, ubwishingizi bwa “Hamwe Nawe” bufasha guherekeza uwitabye Imana.

Gitanga ubwishingizi bw’ubuzima bw’abakozi buhabwa ibigo, burimo ubutangwa mu gushinganisha ubuzima bw’abakozi, ubwizigame butangwa mu matsinda n’ubwishingizi bw’ubuzima ku nguzanyo (loan Protection).

Ni mu gihe SONARWA General Insurance, RSSB ariyo mushoramari wayo mukuru aho ifite hejuru ya 75%. Itanga serivisi z’ubwishingizi bw’ibintu bw’igihe gito kuko akenshi amasezerano y’ubwishingizi avugururwa buri mwaka.

Yishingira ibintu nk’imodoka, inkongi y’umuriro, ubwikorezi, urugendo, ubwishingizi bw’amatungo n’ibihingwa ndetse n’ubuhabwa ibigo n’imishinga mu kubafasha mu gusigasira iterembere ryabo.

Umuyobozi Mukuru wa SONARWA General Insurance, Charlotte Kamanzi yavuze ko iki kigo kitari gushobora gutera imbere mu myaka 50 ishize, iyo kitagira abakiliya n’abafatanyabikorwa bagikunda bakakinambaho ari yo mpamvu bagomba kubashimira.

Ati “Twanyuranye muri byinshi byaba ibibi n’ibyiza, ibyoroshye n’ibikomeye batubaye hafi. Birumvikana ko iryo terambere utaryishimira wibagiwe abagufashije kurigeraho. Ni yo mpamvu twatumiye abakiliya bacu b’ingeri zose kugira ngo tubashimire.”

Uyu muyobozi yabasabye no gukomeza kubaba hafi no kubavuganira mu bice byose, bakazana abandi na bo bagahabwa serivisi zinoze mu bwishingizi.

Kamanzi yakomeje avuga ko ubu bamaze kuvugurura imikorere mu buryo bw’imyishyurire bakoresheje ikoranabuhanga ku buryo ushobora kumenya igiciro cy’ubwishingizi, kugura ubwishingizi cyangwa ukamenyesha impanuka unyuze kuri website yabo.

Umuyobozi wa SONARWA Life, Mukundwa Dianah yagaragaje ko guhura n’abakiliya babo ari kimwe mubyo bashyira imbere mu bikorwa byabo byose, kuko ari bo bafatanyabikorwa b’ibanze muri iyo myaka yose bamaze batanga serivisi z’ubwishingizi.

Ati “Ni abafatanyabikorwa bacu mu byo dukora byose kuko ni bo dukorera. Ni ingenzi ku mikorere yacu kuko badahari natwe ntitwabaho. Abakiliya bacu badufashije mu iterambere cyane kuko nko muri iyi myaka ibiri twateye imbere mu buryo budasanzwe. Nk’ubu ku bigo binini dukorana na byo twihariye 76% by’isoko. Byose tubikesha aba bakiliya twashimiye uyu munsi.”

Yagaragaje ko impamvu bakunda kwegera no kuganira n’abakiliya ari uko bakunda kwibanda ku byifuzo byabo mu kunoza serivisi batanga, bityo icyo umukiliya asabye akagihabwa byihuse.

Yashimangiye imbaraga bashyize mu ikoranabuhanga, aho ubu umukiliya ashobora kubona uko imisanzu ye ihagaze igihe ashakiye, akabona na serivisi zose bidasabye kuva aho ari.

Ku bijyanye n’uko ikwirakwira ry’ubwishingizi mu Rwanda ritaragera kuri 3%, Mukundwa yavuze ko muri SONARWA Life na SONARWA General ndetse nibindi bigo by’ubwishingizi mu Rwanda bafatanyije n’abandi bafatanyabikorwa bari gukora uko bashoboye ngo bageze ku baturage bose ibyiza by’ubwishingizi.

Yagarutse ku ngamba zashyizweho na SONARWA Life z’ubukangurambaga mu kwigisha ibijyanye n’ubwishingizi no kwizigama ibikorwa byo gufatanya n’abaturage.

Iki gikorwa cyabanjirijwe n’ikindi cyo gusangira n’ abanyamakuru, bikazakomereza no kubindi byose bigera ku bafatanyabikorwa babafasha kugeza ibijyanye n’ubwishingizi ku Banyarwanda.

Umuyobozi Mukuru wa Sonarwa Life, Mukundwa Dianah, yagaragaje ko hari byinshi bimaze kugerwaho n’iki kigo
Umuyobozi Mukuru wa Sonarwa General Insurance, Charlotte Kamanzi mu bitabiriye ibirori byo gushimira abakiliya
Abayobozi batandukanye bo muri Sonarwa Life na Sonarwa General bitabiriye igikorwa cyo gushimira abakiliya bafatwa nk’inkingi mwamba mu iterambere ry’ibyo bigo
Abakozi ba SONARWA Life bitabiriye igikorwa cyo gushimira abakiliya
Abayobozi batandukanye muri SONARWA General Insurance mi uku baserutse mu birori byo gushimira abakiliya
Abakiliya batandukanye ba SONARWA Life na SONARWA General bagaragarijwe uburyo bafatiye runini ibyo bigo, bizezwa serivisi nziza zisumbuyeho
Umuyobozi Mukuru wa Sonarwa Life Mukundwa Dianah yerekanye iterambere bagezeho mu myaka 10 bamaze batanga serivisi z’ubwishingizi bw’ubuzima ndetse ashimira abakiliya bagendanye muri uru rugendo
Umuyobozi Mukuru wa SONARWA General Insurance, Charlotte Kamanzi yerekanye ko mu kigo ayoboye ubu barangamiye ikoranabuhanga mu mirimo yose kugira ngo bafashe Abanyarwanda gushinganisha ibyabo byoroshye
Umuyobozi Mukuru wa RSSB, Regis Rugemanshuro (ibumoso) n’Umuyobozi Mukuru wa SONARWA Life, Mukundwa Dianah, ubwo bari bageze ahagombaga kubera ibirori byo gushimira abakiliya
Ibirori byo gushimira abakiliya ba SONARWA Life na SONARWA General wabaye umwanya mwiza abayobozi b’ibyo bigo babonye ngo bashyikirane byuzuye n’abakiliya babyo
Umuyobozi wa SONARWA Life, Mukundwa Dianah (iburyo) aganira na bamwe mu bakiliya b’icyo kigo

Get in Touch With Us

About Sonarwa

In 1975, SONARWA General Insurance was born, fueled by a vision to pioneer the insurance industry in Rwanda. Under the guidance of the UK’s J.H. Minet, we embarked on our journey with just 50 million Rwf in capital. Our early days were marked by ambition and determination, setting the stage for a legacy of resilience and growth. Over the years, our story has been one of strategic expansion and relentless dedication. From our initial steps, we launched 19 branches across Rwanda, bringing our services closer to the people and enhancing accessibility. Our capital grew to billions in Rwandan francs, reflecting our robust financial foundation. The acquisition by the Rwanda Social Security Board solidified our position as a trusted and stable provider in the market. We continuously evolve, rebrand, and redefine insurance to meet the changing needs of our clients. Our commitment is unwavering: to provide exceptional value, security, and peace of mind. As the leading capitalized insurance provider in Rwanda, regulated by the National Bank of Rwanda, we stand ready to help you confidently navigate life’s uncertainties. Our legacy is built on reliability, and our future is driven by innovation. At SONARWA General Insurance, we are not just a company; we are your steadfast partner, dedicated to safeguarding your future.

What Is Our Vision?

“To solidify our leadership position in Rwanda while expanding our influence throughout the region as a premier provider of top-quality insurance products and financial services.”

What Is Our Mission?

Our mission at SONARWA is to provide clients with affordable and reliable insurance and financial solutions, while enhancing economic growth in Rwanda and the region through productive investment activities.
Affordable and Reliable Solutions: How do we ensure affordability and reliability? By designing insurance products that are cost-effective and meet the diverse needs of our customers, ensuring that they receive value for money and trust in the reliability of our services. Enhancing Economic Growth: Through strategic investments in the local economy and by supporting sectors that have a significant impact on regional development. This not only helps in building a robust economic environment but also secures the future of our clients and their communities. Productive Investments: What investments do we make? We focus on investments that yield productive outcomes, such as infrastructure projects, small and medium-sized enterprise support, and other initiatives that lead to job creation and economic stability.

Core values

Our core values are the guiding principles that shape every aspect of our operations and define our culture. They represent our unwavering commitment to excellence, integrity, and responsibility. Here’s a closer look at the values that drive us:

Our Strategy

We strive to be at the forefront of the insurance industry in Rwanda and beyond, setting standards and providing services that protect and empower our clients and communities.

Corporate Governance

At SONARWA GENERAL INSURANCE COMPANY LTD, we are dedicated to shaping the future of insurance in Rwanda and expanding our influence throughout the COMESA region. Our governance framework emphasizes innovation in service delivery, leveraging cutting-edge technologies to enhance our operational efficiency and customer engagement. We are poised to broaden our reach, making our high-quality insurance products more accessible.
Our commitment extends beyond growth; it encompasses a steadfast dedication to environmental and social governance principles, ensuring sustainable and responsible business practices. As we adapt to global insurance trends and evolving market demands, SONARWA remains focused on delivering exceptional value and reliability to our customers and shareholders.
By integrating global insights with local expertise, we aim to redefine the standards of excellence in the insurance industry, ensuring we are a trusted partner in safeguarding the future.

Our Story

About Sonarwa

Our Journey Is A Tale Of Resilience, Innovation, And Growth. Since Sonarwa’s Establishment In 2012, We Have Committed Ourselves To Delivering Exceptional Insurance Products And Services, Making A Significant Impact In Rwanda And The Region. Here, We Share Our History, Milestones, And The Path We’ve Charted Towards A Secure Future.